Advertising

Icyo imyizerere isobanura iyo inyoni ikomanze ku idirishya ryawe

13/10/2024 20:23

Mu mu migenzo myinshi itandukanye inyoni zifatwa nk’intumwa cyangwa ibimenyetso by’ubuyobozi bw’umwuka.Iyo inyoni ikomanze ku idirishya  ryawe bishobora gusobanurwa nk’ikimenyetso runaka cyangwa ubutumwa ushaka guhabwa.

Abantu bamwe na bamwe bizera ko ubwoko bw’iyo nyoni bushobora kugira ibisobanuro byinyongera. Nk’urugero iyo ifite ibara rya cardinal akenshi iba ifitanye isano n’urukundo n’ubusabane. Mu gihe igihunyira kijyanye n’ubwenge n’ubushishozi.

Ibisobanuro by’ubu butumwa bushobora gutandukan bitewe n’imyizerere yawe bwite hamwe n’ibihe byabereye. Abantu bamwe bashobora kubona ko ari ikimenyetso cy’amahirwe  mu gihe abandi bashobora kubisobanura nk’umuburo cyangwa umuhamagaro wo kwita ku bintu runaka mu buzima bwabo.

Mu by’ukuri ibisobanuro by’inyoni ikomanga ku idirishya ryawe, niwowe uhitamo kumenya icyo bisobanura cyane ko hari nabatabyitaho cyangwa batabyizera nk’ukuri bitewe n’imyizerere yabo.

Ikinyamakuru Hubpages , gitangaza ko uku gukomanga kw’inyoni ku idirishya ryawe, bishobora gusobanura ko hari inkuru y’umuntu wa pfuye umwanya muto ushize ishaka ku kubwira. Bavuga ko kandi ishobora kuba igiye ku kubwira ko hari ibyo wasabye ubwo warimo usenga byasubijwe n’iyo wizera.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko inyoni Miliyoni 100 zipfa buri mwaka kubera kugerageza gushaka gukomanga ku madirishya cyangwa ku nzugi z’abantu nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru 33rdsquare. Inyoni zishobora gukomanda ku madirishya cyangwa inzugi izarizo zose,ku mwanya cyangwa nijoro.

Iki kinyamakuru kigaragaza ko zimwe mu mpamvu zituma inyoni ikomanga ku idirishya ari uko ziba zitareba ibirahuri cyangwa ibintu bizitangira bityo zigakubita iminwa ku kirahuri zacyitiranyije n’ikirere.

Kuba inyoni zifite ibisobanuro mu mico ya muntu no mu mateka y’ibihugu bimwe na bimwe, nibyo bituma benshi babihuza n’amateka yabo cyangwa inyumvire yabo, bigatuma bahimba izo mpamvu.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko niba “warakurikiye cyane iby’inyoni zikomanga ku madirishya, ushobora no kuba warabonye izapfiriye hafi aho. Ibi birakwereka ko zishobora kuba zihaza zitareba na cyane ko zikurikira inzira imw”.

Nawe niba hari icyo ushobora kuba utekereza gituma habaho kwisanzura kw’inyoni  kugeza zikomanze no ku madirishya y’abantu ugasanga tutakigarutseho twandikire ukitubwire aho hatangirwa ubutumwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Kuki hari abagore badashobora gusaba abagabo babo amafaranga ? Dore icyo inzobere zibivugaho

Next Story

Kenya: Umugabo washyinguwe batunguwe no kubona agarutse ari muzima

Latest from Ubuzima

Inama kubantu bagorwa no gusabana

Ushobora gushaka kuganiriza umuntu ukabura aho uhera kuko kwisanzura ari ikintu cyakunaniye. Ushobora kandi kunanirwa kugaragariza umuntu amarangamutima akurimo kuko utajya ubasha gusabana. Ibi

Uko warwanya impumuro mbi mukanwa

Kunuka mu kanwa biterwa n’impamvu nyinshi zinyuranye, harimo kutoza amenyo neza, uburwayi bwo mu kanwa bunyuranye, kunywa itabi, ifuke y’inzoga, imiti imwe n’imwe n’izindi

Menya uburyo bwiza wasabamo imbabazi

Gukosa ndetse no kutumvikana ni ibintu ikiremwamuntu cyagiye kubana nabyo kuva mu bakurambere muri muri Edeni, gusa icyiza ndetse cy’ingenzi ni ukumenya uburyo ki
Go toTop