Isabukuru nziza Afande ! Ubutumwa bwa Gen Muhoozi kuri Perezida Kagame

October 23, 2025
by

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainarugaba, yifurije isabukuru nziza Paul Kagame w’u Rwanda amushimira ubuyobozi bwe bw’Intangarugero.

Ni mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa 23 Ukwakira 2025, aho Gen Muhoozi Kainarugaba yanditse amagambo yo kwifuriza Isabukuru nziza Perezida w’u Rwanda Paul Kagame , akagaragaza ko ubuyobozi bwe ari intangarugero.

Gen Muhoozi yanditse ati:”Isabukuru nziza Afende Paul Kagame, Nkwifurize kuramba. Mwarakoze ku buyobozi bwanyu bwiza bw’intangarugero bubereye u Rwanda, Akarere NA Afurika yose. Imana ikomeze iguhe ubuzima burebure, urukundo n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byacu bukomeze burambe”.

Nyuma y’ubwo butumwa benshi bamushimiye ndetse Tom Close amusangiza amafoto agaragaza Gen Muhoozi na Perezida Paul Kagame, arenzaho amagambo agira ati:”Isabukuru nziza Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda. Ni umugisha wa Afurika”.

Perezida Paul Kagame yujuje imyaka 68 y’amavuko kuko yavutse tariki 23 Ukwakira 1957.

Gen Muhoozi , ni umugabo w’imyaka 51 y’amavuko akaba ari umuhungu wa Perezid awa Uganda Yoweri Kaguta Museveni , akaba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda.

Gen Muhoozi yagiye akunda kugaragaza urukundo afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange, dore ko n’inshuro ahaza ari nyinshi.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Marizamunda yibukije ingabo zirwanira ku butaka uburemere bw’inshingano zifite

Next Story

Rutsiro: Amadeni yatewe na Betting yatumye umusore yimanika

Latest from Inkuru Nyamukuru

Umurwanyi wa FDLR yafatiwe muri Congo

Umurwanyi w’umutwe wa FDLR yafatiwe mu mirwano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , impuguke muri Politiki y’Akarere zikaba zikomeje gushimangira ko

Jelly Roll yaciye igikuba

Jelly Roll , Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Country yatangaje ko guca inyuma umufasha we Bunnie Xo ari byo bihe bibi yigeze agira mu
Go toTop