Thailand: Umugore w’imyaka 35 yashwanye n’umukunzi we yikata ijosi

October 21, 2025
by

Umugore wo mu Gihugu cya Thailand yafashwe amashusho na Camera zo mu Kabari gaherereye mu gace ka Pattaya arimo gushwana n’umukunzi we yarangiza akikata ijosi we ubwe.

Ni amashusho yateye benshi agahinda bigendanye n’uburyo byabereye ahantu hahurira abantu benshi  ndetse banibaza impamvu yatuma umuntu afata icyemezo cyo kwikata ijosi we ubwe.

Nyuma yo kwikomeretsa ijosi mu masaha ya Saa 7:36 z’ijoro zo ku wa 19 Ukwakira 2025, aho abashinzwe umutekano mu butabazi bo muri Sawang Boriboon Dhammastan Foundation bahise bahamagarwa ngo batabare ku bariri ku muhanda wa Soi Pattaya Beach 13/2, mu gace ka Nong Prue, mu Karere ka Bang Lamung, mu Ntara ya Chon Buri.

Mukuhagera basanze uwo mugore w’imyaka 35 y’amavuko ari kuva amaraso cyane nyuma yo kwikomeretsa bikomeye akoresheje icyuma cyo muri ako kabari. Bahise bamuha ubufasha bw’ibanze, babona kumujyana kwa muganga , ibintu byateye ubwoba abari aho.

Umutangabuhamya w’imyaka 24 y’amavuko, yabwiye Polisi ko yabonye uwo mugore w’imyaka 35 y’amavuko yicaye ari gusangira inzoga n’umukunzi we ariko bari guharira cyane, hashira akanya uwo mugore agahaguruka akigendera , uwo mugore agahita akura icyuma mu Mufuka akacyitera.

Amashusho yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Chon Buri News agaragaza Natty nk’izina ryahawe uwo mugore yambaye imyenda y’umweru ari kugirana ikiganiro n’uwo mukunzi we bivugwa ko yari Umunyamahanga wari wambaye ishati y’umweru.

Nyuma y’aho, uwo mugabo yahise agenda ajya kwicara hamwe n’inshuti ze imbere muri bar hanyuma uwo mugore na we ahita yitera icyuma mu ijosi.Undi mugabo w’Umunyamahanga wari hafi abo yumvise amagambo bari kuvugana, ngo yegereye Natty aramwinginga ngo atuze, ariko nyuma yo gusubira ku meza ye, Natty yakomeje kunywa inzoga ari wenyine kugeza ubwo yafashe icyemezo cyo kwikomereka.

Ubwo twakorana iyi nkuru , ntabwo Polisi yari iratangaza andi makuru kuri uyu mugore cyangwa ngo igaragaze uko ubuzima bwe buhagaze.

Si ubwa mbere bibaye muri Thailand kuko hari undi mugore uherutse kwitera icyuma nyuma yo gushwana n’umukunzi we , bikaba byarabereye mu Ntara ya Ayutthaya. Uwo yahise apfa kubera kuva amaraso cyane. Umukunzi we yatangaje ko icyo bapfaga ariko uwo mukobwa yamucaga inyuma.

Isoko:  Thethaiger

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Dore bamwe badaterwa impungenge no kuba ‘Single’

Next Story

Ubuhinde: Umunyarwenya Asri wakinnye filime zirenga 350 yapfuye

Latest from Hanze

Umurwanyi wa FDLR yafatiwe muri Congo

Umurwanyi w’umutwe wa FDLR yafatiwe mu mirwano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , impuguke muri Politiki y’Akarere zikaba zikomeje gushimangira ko
Go toTop