Amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Isi ya yoyotse

October 10, 2025
1 min read

Igice cyambere cy’umukino uriguhuza ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi niya Benin cyarangiye ari ubusa ku busa.

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ari gukurikirana umukino w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Benin uri kubera muri sitade Amahoro i Remera.
Abafana b’ikipe y’Igihugu Amavubi babukereye.

Umukino wamaze gutangira ku mpande zombi urangijwe na Benin.

Ntwari Fiacre umunyezamu w’Amavubi , ufite ikarita y’Umuhondo ni we wabanje mu kibuga.

Kurikira umukino hagati y’Amavubi na Beni , ugiye kubera kuri Stade Amahoro ku Isaha ya Saa 18h00′ PM. Ni umukino ukomeye by’umwihariko ku ikipe y’u Rwanda ishaka kwitabira Igikombe cy’Isi.

Kwizera Jojoea na we wabanje mu kibuga afite ikarita y’Umuhondo.

Saa Kumi n’ebyiri z’Umugoroba , Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bategereje kureba umukino w’Amavubi na Benin mu gushaka itike yo kwitabira Igikombe cy’Isi.

Ni umukino wishyiraniro u Rwanda rusabwa gutsinda kugira ngo ruzafate urugendo rwerekeza muri Benin rufite impamba ihagije.

Ikipe y’Igihugu cy’u Rwanda , iraba iri imbere y’abafana bayo muri Stade Amahoro, yijeje Abanyarwanda intsinzi nk’uko byatangajwe na Kapiteni w’Ikipe Bizimana Djihad wavuze ko barakora iyo bwabaga ngo babashe gucyura amanota atatu.

11 b’ikipe y’Igihugu Amavubi bagiye kubanzamo mu mukino ubahuza na Benin

Ni umunsi wa Cyenda mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizaba muri 2026 aho Amavubi ari mu itsinda C hamwe na Afurika y’Epfo, Benin na Nigeria, Lesotho na Zimbabwe.

Ni itsinda riyobowe na Benini na Afurika y’Epfo n’amanota 12 n’ibitego 4 zizigamye.

AMAFOTO AGARAGAZA AMAVUBI AGEZE KURI STADE AMAHORO AHO UMUKINO UGIYE KUBERA.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Hatangajwe uwatsindiye igihembo cya Nobel ; Trump ataka ugukorwa mu mufuka !

Next Story

Perezida Tshisekedi akomeje kugerwa intorezo nyuma yo kugira ibyo asaba Kagame

Latest from Imikino

VAR igiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryateguje ko muri Gashyantare 2026 rizatangira gukoresha ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire, rizwi nka Video Assistant Referee mu rwego rwo
Go toTop