Lupita Nyong’o w’uburanga bukurura abagabo yaciye agahigo gakomeye ku Isi

12/12/2023 12:45

Lupita Nyong’o umaze iminsi ara kuvugwa mu nkundo za hato na hato , yaciye agahigo ahamagarwa nk’umuyobozi mukuru mukanama nkemurampaka muri ‘Berlin International  Film Festival muri Gashyantare  2024.

 

Uyu mukobwa ushyirwa mu bafite uburanga bukurura abagabo no mu bafite amafaranga menshi ku Isi, yongeye guca agahigo aba umwirabura wa mbere ugiye mu kanama nkemurampaka ka Berlin International Film Festival mu myaka 73 ishize akaba umuyobozi wako nk’umwirabura.

Ibi ni ibihembo ngaruka mwaka bibera mu Murwa mukuru w’Ubudage aho haba batoranywa uwatsindiye ibihembo bya ‘Gold na Silver’.Ibi bihembo kandi bikaba bitangirwa mu Mujyi irimo Cannes mu Bufaransa na Venice mu Butaliyani.

 

Muri ibi bitaramo biba bigamije guhitamo abitwaye neza muri Cinema, ababyitabira barangwa no kwambara neza cyane.

Nyuma yo gutangazwa nk’umuyobozi w’akanama nkemurampaka muri ‘Berlin International  Film Festival 2024, Lupita Nyong’o ufite inkomoko muri Kenya , yavuze ko ari ishema rikomeye kuri we n’icyubahiro kugirwa umuyobozi w’akanama nkemurampaka harebwa abakoze neza mu ruganda rwa Cinema.

 

Previous Story

Umuhanzi Harmonize yakoze mu ijisho Diamond Platnumz

Next Story

Waruzi ko gutera akabariro n’umugore wawe mu gitondo ari ingenzi ! Dore icyo inzobere zibivugaho

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop