Inzobere mu nkundo yavuze amakosa 3 wakirinda mu gihe ushaka kuba mu rukundo rurambye ukarusazana

October 3, 2025
1 min read

Birazwi ko kuganira ubundi ari kumwe mu bintu bituma umubano w’abakundana ukomera cyane.

 

Zimwe mu nzobere zikomoka muri America zavuze ko mu kuganira Hari ibyo ukwiye kwirinda kuvuga cyangwa gukora Niba ushaka ko ibintu byanyu biramba.

 

Bavuze ko Kandi Niba mufite ibibazo mu mubano wanyu uburyo bwiza bwo gucyemura ibyo bibazo ari ukuganira neza hagati yanyu.

 

Dore bimwe mu bintu wakirinda gukora mu mubano wanyu Niba wifuza umubano urambye.

 

1.Gutotezwa

 

Mugihe wifuza umubano urambye burya uzirinde gutoteza umukunzi wawe.

Ushobora ku mutoteza mu bikorwa cyangwa mu magambo aho ushobora kumubwira amagambo mabi umuvugisha umutuka mbese bigafatwa nkitoteza, ibyo nubikora uzamenyeko umubano wanyu ntagihe kinini ufite.

 

 

2.Kubavuga aho kubavugisha

 

Aho twavuga nko mugihe wagiranye ibibazo n’umukunzi wawe aho kugirango ibibazo byanyu mubiganire muri mwembi ahubwo ugatangira guhamagara inshuti zawe uzibwira ibibazo byawe n’umukunzi wawe, burya uba uri gukora ikosa rikomeye cyane.

Mugihe ukora ibyo bintu burya umubano wanyu ntagihe kinini ufite kumara kugeza igihe utangiye kwiga kuvugana n’umukunzi wawe aho kumuvuga.

 

 

3.Kumubwira nabi igihe mwashwanye

 

Bamwe mu bantu bakundana Hari ubwo bashwana hanyuma umwe muri bo agatomboka akavugishwa amagambo mabi ayabwira umukunzi we ntacyo yitayeho. Nubwo rimwe narimwe biterwa n’umujinya ariko mugihe ukora ibyo bintu umubano wanyu ntagihe kinini ufite kumara.

 

 

 

Source: Daily Mail Online

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

“Sinkunda ko abagabo b’abandi bandeba kuko nabatwara” ! Umukobwa w’ikizungerezi yatangaje ko ajya agira ubwoba ko umunsi umwe azasohokana n’umugabo w’abandi atabizi kubera ubwiza bwe

Next Story

Umugabo yakorewe ibyamfurambi nyuma yo gufatwa yibye inkoko zirenga 250

Latest from Uncategorized

Go toTop