advertising

Advertising

Uganda: Musenyeri yashyizeho igihembo ku mukobwa w’isugi kibura ucyegukana

4 months ago

Uyu Musenyeri w’itorero ry’Abangilikani muri Uganda, Stephen Kaziimba Mugalu, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo gushyiriraho ibihembo abakobwa bazashyingirwa bakiri isugi habura n’umwe ucyegukana.

Ikinyamakuru New Vision cyanditse ko uyu Musenyeri yashyizeho ibi bihembo nyuma y’uko bigaragaye ko ‘ubusugi n’ubumanzi’ byabaye umugani mu basore n’inkumi z’iki gihe.

Ibyo bihembo birimo akayabo k’amafaranga nta wigeze abitsindira kuko abagore, abagize itsinda ry’ababyeyi bakoze amasuzuma babura umukobwa n’umwe watsindira ibihembo.Musenyeri Stephen Kaziimba Mugalu ati “Uyu ni wo mushinga wonyine natangiye nashyizemo ibihembo by’amafaranga ariko yabuze n’umwe uyafata”.

Yavuze ko muri Buganda umukobwa washyingirwaga ari isugi yahabwaga ihene ariko we yongeyeho n’amafaranga n’izindi mpano.Ati “Nibanze ku bakobwa kuko abagabo biragoye gutahura ko yigeze akora imibonano mpuzabitsina mbere yo gushaka”.Musenyeri Stephen Kaziimba Mugalu yakomeje avuga ko iki gitekerezo yagikomoye kuri Bikira Mariya umubyeyi wa Yezu, abakirisitu bemera ko yasamye ku bw’igitangaza ari isugi.

Author

Ads

ad

Previous Story

Dore ibibazo ukwiye kubaza umuntu wifuza ko yakubera umukunzi w’ubuzima bwawe bwose

Next Story

umunyenga w’urukundo rw’umukinnyi wa liverpool n’umunyamideri

Latest from Uncategorized

Ikipe y’Amagaju yirukanye abatoza benshi

Ikipe ya Amagaju FC yafashe icyemezo gikomeye cyo gutandukana n’abatoza bose bayitozaga, nyuma y’igihe kinini bivugwa umusaruro nkene waranzwe n’imikino mibi. Iki cyemezo cyafashwe
Go toTop