advertising

Advertising

Myanmar: Gen Min Aung Hlaing yabaye Perezida

2 hours ago

Inteko Ishinga Amategeko ya Myanmar yatangaje ko Min Aung Hlaing yatorewe kuba Perezida w’icyo gihugu, atsindiye ku majwi 429 kuri 584 y’abadepite bitabiriye amatora.

Ibi byemejwe ku wa 3 Mata 2026 na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Aung Lin Dwe, wagaragaje ko ubutegetsi bwa gisirikare bukomeje gushyigikirwa n’iyo nteko.

Min Aung Hlaing ni we wari uyoboye ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu 2021 ryakuyeho ubuyobozi bwa Aung San Suu Kyi, ibintu byakurikiwe n’imyigaragambyo n’intambara hagati y’igisirikare n’imitwe iyirwanya.

Muri Myanmar, Perezida atorwa n’Inteko Ishinga Amategeko, aho abakandida batatu batoranywa, umwe agatorwa nka Perezida, abandi babiri bakaba ba Visi Perezida.

Itegeko nshinga ry’icyo gihugu riha igisirikare 25% by’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, ridatorwa n’abaturage, bikagihesha ijambo rikomeye mu miyoborere y’igihugu.

Iyi mikorere ikunze kunengwa n’amahanga kubera kubura ubwisanzure bwa politiki no kuba igisirikare gifite uruhare runini mu miyoborere y’igihugu.

Author

Ads

ad

Previous Story

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera rukuraho ingamba z’ubwirinzi

Next Story

Muhanga: Yasize afungiranye abana, bamusanga yapfiriye mu kirombe

Latest from Hanze

Go toTop