Nk’uko byatangajwe na Federation y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) , ikipe ya Senegal yambuwe igikombe cya Afurika cya 2025 iterwa mpaga y’ibitego 3:0 gihabwa ikipe ya Morocco yari yakiriye irushanwa.
Ni nyuma y’ubujurire bwabaye butanzwe na Morocco dore ko yari yatsindiwe ku mukino wa nyuma wabaye ku wa 18 Mutarama 2026 na Senegal yari iyobowe n’abakinnyi bakomeye barimo Sadio Mané.
Morocco ivuga mu mukino wabo habayemo amakosa menshi arimo aho umutoza Mukuru wa Senegal yakoze umupira akawugarura mu kibuga uvuye hanze. Umukino warangiye Senegal itsinze Morocco 1:0 ihabwa igikombe cya Afurika gutyo.
Nyuma y’ubusabe bwa Marocco CAF yemeje ko Senegal iterwa mpaga 3:0 ndetse igikombe kigahabwa Marocco bisobanuye ko kugeza ubu Morocco ariyo yatsindiye igikombe cya Afurika yaherukaga mu 1976.