Isiganwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda 2026 risoje ku Cyumweru tariki ya 1 Werurwe, Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 23 yegukanye iri rushanwa ku nshuro ya 18 ribaye mpuzamahanga. Kretschy, ukinira Ikipe ya NSN Development Team, yarangije irushanwa akoresheje amasaha 23, iminota umunani n’amasegonda 48.
Agace ka munani ari na ko ka nyuma kari gafite intera ya kilometero 83,8, kahagurukiye kuri Kigali Convention Center kagasorezwa aho. Abakinnyi babanje kugenda ibilometero bitatu bidashyirwa ku gihe mbere yo gutangira gusiganwa ku mugaragaro.
Isiganwa ryatangiye amakipe acungana cyane, by’umwihariko NSN Development Team yarinze umwambaro w’umuhondo (Maillot Jaune) wari wambaye Kretschy. Mu gice cya mbere, abakinnyi barindwi bagerageje gusiga igikundi ariko bahita bafatwa. Amanota y’umusozi wa mbere n’uwa kabiri yatwawe na Bruno Martins wa Team Localiza yo muri Brazil.
Mu bilometero bya nyuma, isiganwa ryarushijeho gushyuha. Hasigaye ibilometero bibiri gusa ngo basoze, bamwe mu bakinnyi barimo Araya na Da Silva bari bayoboye, ariko Henok Mulubrhan w’imyaka 26 ukomoka muri Eritrea afata icyemezo cyo gusohoka mu gikundi, asiga abo bari imbere maze yegukana aka gace akoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 37. Yabaye Umunyafurika wa mbere utwaye agace muri iri rushanwa ry’uyu mwaka, ibintu byashimishije abakunzi b’amagare ku mugabane wa Afurika.
Ku rutonde rusange, Kretschy yasize Adamietz Johannes wa Rembe | Rad-Net amurushije iminota ibiri n’amasegonda umunani, naho Marivoet Scholiers Duarte wa Lotto–Groupe Wanty aza ku mwanya wa gatatu arushwa iminota ibiri n’amasegonda 32.
Uwabaye uwa mbere yahembwe amayero 3600, angana na miliyoni zisaga esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda. Abakinnyi 20 ba mbere bose bahawe ibihembo bitandukanye.
Ku ruhande rw’u Rwanda, Niyonkuru Samuel wa Team Amani ni we wasoje ari imbere mu bakinnyi b’Abanyarwanda, aza ku mwanya wa 16 arushwa iminota itanu n’amasegonda 51. Ni inshuro ya kane yikurikiranya nta Munyarwanda winjira mu icumi ba mbere ku rutonde rusange.
Ikipe ya NSN Development Team yasoje iri rushanwa ari yo nziza, kuko yegukanye uduce dutatu, turimo tubiri twatwawe na Itimar Einhorn n’akamwe ka Pau Martí.
Tour du Rwanda ikomeje gukura mu rwego mpuzamahanga no gukurura amakipe akomeye. Mu myaka ishize, iri rushanwa ryegukanywe n’abakinnyi barimo Merhawi Kudus, Natnael Tesfazion, Cristián Rodríguez Martin, Henok Mulubrhan, Peter Joseph Blackmore na Fabien Doubey, bigaragaza ko rikomeje kuba irushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika no ku isi muri rusange.






