Abayobozi ba Iran batangaje ko abantu bagera ku 108, biganjemo abana, bapfiriye mu gitero cyagabwe ku ishuri riri mu majyepfo y’igihugu.
Nk’uko byatangajwe n’umushinjacyaha w’ako gace, iryo shuri ryibasiwe n’ibisasu bya misile mu gihe igihugu cyari kimaze iminsi kigabwaho ibitero by’indege bikomeye bivugwa ko byakozwe na Amerika ifatanyije na Israel.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yamaganye icyo gitero, akivuga nk’igikorwa cy’ubunyamaswa kandi ko cyanditse urundi rupapuro rw’umukara mu mateka y’ibyaha igihugu cye gishinja abanzi bacyo. Yavuze ko kwibasira ahantu higanjemo abana ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga arengera abasivili mu bihe by’intambara.
Iryo shuri riherereye mu mujyi wa Minab, mu ntara ya Hormozgan, hafi y’ikigo cy’ingabo za Revolutionary Guard Corps. Umuyobozi umwe wo muri ako gace yavuze ko cyibasiwe n’ibisasu bitatu bya misile. Amashusho yakwirakwijwe agaragaza umwotsi mwinshi uzamuka hejuru y’inyubako, abaturage bateraniye hafi aho, ndetse n’abantu bagaragaza umujinya n’agahinda kenshi.
Nubwo Iran ivuga ko abantu 108 bapfuye muri icyo gitero ku ishuri, umubare w’abahitanwe n’ibitero mu gihugu hose uvugwa ko urenga 200, naho abarenga 700 bakaba barakomerekejwe. Umuryango utabara imbabare wa Iran, Red Crescent, watangaje ko wohereje abakozi b’ubutabazi aho byabereye kugira ngo bafashe abakomeretse n’imiryango y’ababuze ababo.
Ku rundi ruhande, Amerika na Israel nta tangazo ryihariye birashyira ahagaragara ryemeza cyangwa rihakana igitero ku ishuri rya Minab. Icyo bihugu byavuze muri rusange ni uko ibitero byabo bigamije ibirindiro bya gisirikare n’inzego z’umutekano za Iran, cyane cyane izishinjwa kugira uruhare mu bikorwa bya gisirikare mu karere.
Ibi byatumye habaho impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu Banya-Iran bagaragaje uburakari bukomeye basaba ko habaho ubutabera ku bw’urupfu rw’abana. Hari n’abagaragaje kutizera amakuru atangwa n’ubutegetsi, bavuga ko mu bihe by’intambara amakuru ashobora gukoreshwa mu nyungu za politiki. Bamwe bashinja leta kuba itarafashe ingamba zihagije zo kurinda abaturage, nko gutanga integuza cyangwa guhagarika amasomo mu gihe cy’ibitero.
Ibyo byabaye mu gihe imirwano isa n’ikomeje gukaza umurego hagati ya Iran n’abayishinja guteza umutekano muke mu karere. Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari aherutse gutangaza ko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, yishwe mu bitero bya mbere, kandi itangazamakuru rya leta ya Iran nyuma rikaza kubyemeza.
Ibiri kubera muri Iran bikomeje guteza impungenge amahanga, cyane cyane ku bijyanye no kurengera abasivili mu bihe by’intambara. Abasesenguzi mpuzamahanga bavuga ko hakenewe iperereza ryigenga kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabereye ku ishuri rya Minab, no kumenya niba amategeko mpuzamahanga yubahirijwe. Mu gihe ibyo byose bitarasobanuka neza, imibare y’abapfuye n’abakomeretse ikomeje gutera ubwoba no gusiga ibibazo byinshi bidafite ibisubizo.
