advertising

Advertising

Yaretse akazi ka Microsoft kamuhembaga 280,000,000 RWF nyuma yisanga mu bukene bukakaye

by February 23, 2026
5 hours ago

Umunya Canada David Chong w’imyaka 38 utuye i Toronto, yavuze uko yaretse akazi ke kamuhembaga Yaretse akazi ka Microsoft kamuhembaga  agera 280,000,000 RWF nyuma yisanga mu bukene bukakaye ku mwaka muri Microsoft, akimukira muri Canada, nyuma ibintu bye hafi ya byose bikibwa mu buryo butunguranye.

Mu nkuru dukesha  Business Insider, Chong wari ufite umwanya wa senior software engineer muri Microsoft, yasezeye akazi muri Nzeri 2025 agamije gutangira umushinga we w’ikoranabuhanga rishingiye kuri AI. Icyakora, ibyumweru bike nyuma yo kwegura, imodoka  yari itwaye ibikoresho bye ubwo yimukaga mu ijoro ivuye i New York ijya Toronto, yaribwe ndetse ibye byose byari birimo biburirwa irengero.

Nubwo yahuye n’izo mbogamizi, Chong yavuze ko aticuza icyemezo cyo kuva muri Microsoft, ashimangira ko yari amaze imyaka myinshi atabona uko azamuka mu ntera, kandi akumva atacyunguka ubumenyi bushya buhagije. Yavuze ko mu kigo kinini nka Microsoft, kuzamurwa mu ntera ari ibintu bigoye cyane bidapfa gushoborwa na buri wese.

Kuri ubu, Chong arimo guteza imbere umushinga we wa AI witwa Falco, nubwo utaratangira gukorera abakiriya. Avuga ko yiyemeje guha uyu mushinga imyaka itatu, kandi naramuka ananiwe azasubira gushaka akazi.

Atanga inama ku bandi batekereza gufata ibyemezo bikomeye mu mwuga, Chong yagize ati: “Tekereza uko uzaba umeze mu myaka itanu cyangwa icumi iri imbere, wibaze niba uzicuza utaragerageje. Akenshi abantu bakuze bicuzaho amahirwe batigeze bafata kurusha ayo bafashe ntibitsinde.”

Yasoje avuga ko n’iyo umushinga we utageraho, atazicuza kuba yararetse Microsoft agashyira imbaraga ze zose mu kwikorera, kuko abona ko ari icyemezo “we w’ejo hazaza atazigera yicuza”.

Author

Ads

ad

Previous Story

Minisitiri Utumatwishima yagize icyo avuga kuri BadRama wubahutse ubuyobozi bw’Igihugu

Next Story

Pau Martí w’imyaka 21, ukinira Ikipe ya NSN Devo Team yo mu Busuwisi, yegukanye agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2026

Latest from Ikoranabuhanga

Go toTop