Chairman wa APR FC, Brig. Gen Deo Rusanganwa, yasobanuye ibimaze iminsi bivugwa muri iyi kipe, birimo imvune y’umunyezamu Ishimwe Pierre ndetse n’inkuru z’imyitwarire mibi ivugwa kuri bamwe mu bakinnyi.
Ubu butumwa yabugeneye abakunzi b’iyi kipe kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026.
Ishimwe Pierre, usanzwe ari umunyezamu wa mbere wa APR FC, amaze imikino ibiri atagaragara mu kibuga. Hari hamaze iminsi havugwa ko yoherejwe mu Intare FC kugira ngo asubize imyitwarire ku murongo, nk’uko byari byatangajwe n’umutoza Abderrahim Talib.
Ubuyobozi bwagaragaje ko Ishimwe yari afite imvune y’urutugu yagiriye mu mukino w’Umunsi wa 18 wa Rwanda Premier League, ariko akomeza gukina ayifite.
Uyu munyezamu yanyujijwe mu isuzuma rya MRI, rigaragaza ko imvune ifite ubukana kandi igomba kwitabwaho n’abaganga. Brig. Gen Deo Rusanganwa yemeje ko yasanzwemo imvune ikeneye kuvurwa no gukurikiranwa bihagije.
Yavuze ko hakurikijwe inama z’abaganga, Ishimwe azamara hafi amezi abiri adakina kugira ngo akire neza, hashyizwe imbere ubuzima bwe bw’igihe kirekire n’umwuga we nk’umukinnyi wabigize umwuga.
Yakomeje ashimangira ko itsinda ry’abaganga rikomeje kumukurikirana bya hafi kandi ko afite ubufasha bwuzuye bw’ikipe mu gihe ari mu nzira yo gukira. Ubuyobozi bwizeye ko azagaruka ameze neza, yiteguye gukomeza gufasha APR FC.
Ku kibazo cy’imyitwarire mibi iri kuvugwa muri bamwe mu bakinnyi, Chairman wa APR FC yavuze ko iki kibazo kizwi kandi cyatangiye gukurikiranwa.
Yashimangiye ko APR FC iharanira urwego rwo hejuru rw’ubunyamwuga, kandi ko hafashwe ingamba zikwiye hakurikijwe amategeko n’indagaciro z’ikipe. Yongeyeho ko iki kibazo kiri gukemurirwa imbere mu ikipe kandi gihabwa uburemere bukwiye.
Kugeza ubu, APR FC iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 39 ku rutonde rwa Rwanda Premier League, nyuma y’imikino 21 imaze gukina.
Iyi kipe izasubira mu kibuga tariki ya 28 Gashyantare 2026, yakira Gorilla FC mu mukino w’Umunsi wa 22 wa shampiyona uzabera kuri Kigali Pele Stadium.
