Umunya-Isiraheli Itamar Einhorn w’imyaka 28, ukinira NSN Development Team, ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026, nyuma yo kwigaragaza mu gusiganwa ku murongo wa nyuma no kurusha abandi imbaraga.
Irushanwa ry’uyu mwaka ryatangiye ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, rikaba ribaye ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga ndetse ari ku nshuro ya munani riri ku rwego rwa 2.1. Abakinnyi 84 bo mu makipe 17 ni bo baryitabiriye, barimo 45 bo muri Afurika, 28 bo mu Burayi, icyenda bo muri Amerika, naho Aziya na Océanie bihagarariwe n’abakinnyi babiri.
Agace ka mbere kahagurutse i Rukomo mu Karere ka Gicumbi, gasorezwa i Rwamagana ku ntera y’ibilometero 173,6. Kari agace karimo imihanda imanuka n’iringaniye henshi ndetse n’udusozi tubiri twatanze amanota ku bakinnyi bahatanira kuyobora mu misozi.
Mu bilometero bya nyuma, umuvuduko warazamutse cyane, igikundi kinini cy’abakinnyi gisatira abari bari imbere. Mu metero za nyuma, Einhorn yakoresheje imbaraga ze mu gusiganwa ku murongo (sprint), asiga abo bari kumwe mu gikundi kizwi nka peloton, yegukana intsinzi ndetse ahabwa n’amasegonda 10 kubera gutsinda sprint ya gatatu mu isiganwa. Uwa kabiri yabonye amasegonda atandatu, uwa gatatu ahabwa ane.
Si ubwa mbere Einhorn yegukanye agace muri iri siganwa, kuko no mu 2024 yatsindiye uduce twasorejwe i Kayonza n’i Nyaruguru. Iyi ntsinzi yamuhesheje guhita yambara umwambaro w’umuhondo uhabwa uyoboye urutonde rusange.
Mu bakinnyi bayoboye urutonde rusange nyuma y’agace ka mbere harimo Itamar Einhorn, Hodei Gabina Munoz wa Soudal Quick-Step Devo Team, Mewael Girmay wa Istanbul Team, Henok Mulubrhan wa Eritrea na Christian Van Rees wa Devo Team Picnic PostNL.
Ku ruhande rw’Abanyarwanda, Muhoza Eric wa Team Amani ni we wasoreje hafi, aza ku mwanya wa 11.
Tour du Rwanda 2026 izakomeza ku wa Mbere, tariki ya 23 Gashyantare, hakinwa agace ka kabiri kazahagurukira i Nyamata kerekeza i Huye ku ntera y’ibilometero 135, aho abakinnyi bazakomeza guhatanira imyanya ya mbere mu rugamba rwo kwegukana iri siganwa rizenguruka igihugu.