Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi, UEFA, yatangaje ko yatangiye gusuzuma ikirego cya Vinícius Júnior uvuga ko yakorewe irondaruhu n’umukinnyi wa SL Benfica, Gianluca Prestianni.
Ibi byabaye ku wa Kabiri, ubwo Real Madrid CF yatsindaga Benfica igitego 1-0 mu mukino ubanza wa kamarampaka ugomba gutanga ikipe izakomeza muri 1/8 cya UEFA Champions League 2025/2026.
Ku munota wa 50 w’umukino, Vinícius Jr yavuze ko yabwiwe amagambo akomeretsa na Prestianni, arimo kumwita “inkende.” Yahise ajya kurega umusifuzi, bituma umukino uhagarara iminota igera ku 10. Umusifuzi yakoze ikimenyetso mpuzamahanga kirwanya irondaruhu, ariko nta karita yatanze kuko nta bimenyetso bifatika byahise biboneka.
Nyuma y’umukino, Prestianni yanyomoje ibyo aregwa, avuga ko ahubwo abakinnyi ba Real Madrid ari bo bamukoreye irondaruhu.

UEFA yatangaje ko iri gusuzuma raporo y’abasifuzi n’amakuru yose ajyanye n’uyu mukino. Yavuze ko ahazagaragara amakosa hazafatwa ibihano bikomeye, hakurikijwe amategeko agenga amarushanwa yayo.
Vinícius Jr ntiyavuze ko yakorewe irondaruhu n’umukinnyi gusa, ahubwo yanavuze ko yatewe amacupa y’amazi n’abafana bari mu kibuga. Amategeko ya UEFA ateganya ko umukinnyi uhamwe n’irondaruhu ashobora guhanishwa gusiba nibura imikino 10, ndetse n’ikipe ye igafatirwa ibihano.
Kylian Mbappé ukinana na Vinícius muri Real Madrid, yavuze ko yumvise Prestianni yita mugenzi we “inkende” inshuro zirenga eshanu. Mbappé yasabye ko uyu mukinnyi ahanishwa guhagarikwa burundu mu mikino ya UEFA Champions League, mu gihe byaba bigaragaye ko ibyo ashinjwa ari ukuri.
Icyemezo cya nyuma kizafatwa na UEFA nyuma yo gusesengura ibimenyetso byose bijyanye n’iki kibazo.

