advertising

Advertising

Mike Tyson agiye guhurira mu mukino w’imurika na Floyd Mayweather Jr. muri RDC

6 hours ago

Abakunzi b’iteramakofe ku Isi bategereje umukino w’imurika uzahuza Mike Tyson na Floyd Mayweather Jr., uteganyijwe ku wa 25 Mata 2026 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Ring Magazine agaragaza ko uyu mukino uzaba ugamije kwishimisha no guha icyubahiro amateka y’uyu mukino, aho atari uw’amanota cyangwa ibikombe bya shampiyona.

Uyu mukino ugiye kuba mu rwego rwo kuzirikana isabukuru y’imyaka 52 ishize habaye “Rumble in the Jungle”, umukino w’amateka wabereye i Kinshasa mu 1974 wahuje Muhammad Ali na George Foreman, aho Ali yatsinze ku buryo bwa knockout mu raundi ya munani. Kongera kwakira umukino uhuza ibyamamare muri RDC bifatwa nk’ukugarura amateka y’iteramakofe ku mugabane wa Afurika.

Mike Tyson, ufite imyaka 59, ni umwe mu bakinnyi bubatse izina rikomeye mu cyiciro cya heavyweight. Yabaye umunyempeta muto ku Isi afite imyaka 20 gusa, azwiho gutsinda abo bahanganye mu raundi za mbere kubera imbaraga zidasanzwe. Mu 2024, yongeye kugaragara mu mukino wakurikiwe cyane n’abarenga miliyoni 100 ubwo yahuye na Jake Paul.

Ku rundi ruhande, Floyd Mayweather Jr., uzuzuza imyaka 49 vuba, azwiho kudatsindwa mu mukino w’umwuga. Yegukanye ibikombe mu byiciro bitanu by’uburemere, atsinda amazina akomeye arimo Oscar De La Hoya, Canelo Alvarez na Conor McGregor. Nubwo yasezeye ku mukino w’umwuga mu 2017, yakomeje gukina imikino y’imurika, harimo uwo yahuye na Logan Paul mu 2021.

Biravugwa ko mbere hari ibiganiro byo kongera gutegura umukino wa Mayweather na Manny Pacquiao, ariko byahagaze, bituma gahunda yo guhuriza Tyson na Mayweather muri RDC isubukurwa. Icyakora, umurongo w’uburemere bazakinamo nturamenyekana.

Uyu mukino w’imurika utegerejwe cyane kubera uhuza amateka y’abakinnyi babiri baharaniye umwanya w’ikirenga mu myaka ishize, ndetse no kuba uzabera mu gihugu cyanditse amateka akomeye mu iteramakofe. Ni igikorwa gishobora kongera guha Afurika ijambo mu mikino mpuzamahanga no kwibutsa Isi uruhare rwayo mu mateka y’iteramakofe.

Image

 

 

Image

Author

Ads

ad

Previous Story

Robert Duvall yitabye Imana ku myaka 95

Next Story

Nizzo Kaboss na Queen Ringo bashyize umucyo ku mubano wabo

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop