advertising

Advertising

Al Hilal SC izacakirana na RS Berkane: Ibyaranze tombola ya ¼ cya CAF Champions League

by February 17, 2026
6 hours ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yakoresheje tombola ya ¼ cy’irangiza cya CAF Champions League, irushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 62. Iki gikorwa cyabereye i Cairo mu Misiri ku wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026, nyuma yo gusoza imikino y’amatsinda.

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani, isanzwe yakirira imikino yayo mu Rwanda, ni yo yabimburiye izindi mu gutomborwa nyuma yo gusoza itsinda ryayo iri ku mwanya wa mbere. Yatomboye RS Berkane yo muri Maroc, mu mukino utegerejwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru benshi.

Andi makipe yagaragaye muri iyi tombola harimo Pyramids FC yo mu Misiri, ifite igikombe giheruka, yatomboye AS FAR yo muri Maroc. Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo izahura na Stade Malien yo muri Mali, mu gihe Espérance Sportive de Tunis yo muri Tunisia izacakirana na Al Ahly yo mu Misiri, ikipe imaze kwegukana iri rushanwa inshuro 12 mu mateka yayo.

Imikino ibanza ya ¼ iteganyijwe hagati ya tariki ya 13 na 15 Werurwe 2026, mu gihe iyo kwishyura izakinwa hagati ya tariki ya 20 na 22 Werurwe 2026.

Mu cyiciro cya ½, ikipe izakomeza hagati ya Espérance Sportive de Tunis na Al Ahly izahura n’izatsinda hagati ya Mamelodi Sundowns na Stade Malien. Ku rundi ruhande, izava hagati ya Al Hilal SC na RS Berkane izahura n’izatsinda umukino wa Pyramids FC na AS FAR.

Iyi tombola yongeye kugaragaza ihangana rikomeye riri muri CAF Champions League, aho amakipe akomeye ku mugabane wa Afurika akomeje guhatanira kugera ku mukino wa nyuma no kwegukana igikombe cy’uyu mwaka.

Image

Image

Image

Image

Author

Ads

ad

Previous Story

Baraza wa Sauti Sol yanyuzwe no guhura na Perezida Kagame

Next Story

Robert Duvall yitabye Imana ku myaka 95

Latest from Imikino

Go toTop