advertising

Advertising

Manchester City itsinze Liverpool igakomeza gushyira igitutu kuri Arsenal

by February 9, 2026
1 hour ago

Manchester City yabonye intsinzi ikomeye itsinze Liverpool ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Bwongereza wabereye kuri Anfield Road ku Cyumweru, tariki ya 8 Gashyantare 2026.

Uyu mukino wari utegerejwe cyane kuko Manchester City yashakaga intsinzi yayifasha gukomeza gukurikira Arsenal iyoboye urutonde rwa Shampiyona, mu gihe Liverpool nayo yifuzaga amanota atatu kugira ngo ikomeze kwiyubaka no kuzamuka ku rutonde.

Umukino watangiye amakipe yombi akinira hejuru, umupira ugenda wihuta hagati mu kibuga no mu bice by’imbere. Manchester City ni yo yabanje kwiharira umupira cyane mu minota ya mbere, ariko Omar Marmoush na Antione Semenyo ntibashoboye kubyaza umusaruro amahirwe babonaga.

Nyuma y’iminota igera kuri 30, Liverpool yatangiye gukina neza isatira bikomeye binyuze kuri Mohammed Salah na Hugo Ekiitike, ariko na yo ntibasha kubona igitego. Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Mu gice cya kabiri, Liverpool yagarukanye imbaraga nyinshi, ihusha uburyo bukomeye Hugo Ekiitike yari abonye ari wenyine imbere y’izamu. Yakomeje gusatira, ku munota wa 64, umupira wavanywe mu izamu rya Manchester City ujyanwa muri koruneri nyuma y’ishoti rya Florian Wirtz.

Ku munota wa 74, Liverpool yabashije gufungura amazamu kuri Coup Franc nziza yatewe na Dominik Szoboszlai, umupira ujya mu izamu ntawe ubasha kuwukuramo.

Manchester City ntiyatinze gusubiza, yiyongera imbaraga mu busatirizi. Ku munota wa 83, Bernardo Silva yishyuriye City ku mupira yahawe na Erling Haaland akoresheje umutwe, atsinda igitego cyo kunganya.

Iminota irindwi y’inyongera yongeweho, maze ku munota wa 90+1, umusifuzi atanga penaliti ku ikosa Alisson Becker yakoreye Matheus Nunes mu rubuga rw’amahina. Erling Haaland yayitsinzemo atsindira Manchester City igitego cy’intsinzi.

Liverpool yagerageje kwishyura mu minota ya nyuma, ariko Gianluigi Donnarumma arokora Manchester City ku ishoti rikomeye rya Alexis Mac Allister. Nyuma yaho, Dominik Szoboszlai yeretswe ikarita itukura, Liverpool isigarana abakinnyi 10.

Umukino warangiye Manchester City itsinze Liverpool ibitego 2-1, inongera kuyitsindira iwayo nyuma y’imyaka 23.

Manchester City yagumye ku mwanya wa kabiri n’amanota 50, irushwa amanota atandatu na Arsenal ya mbere, mu gihe Liverpool iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 39.

Mu wundi mukino wabaye kuri uwo munsi, Crystal Palace yatsinze Brighton igitego 1-0.

Author

Ads

ad

Previous Story

Umwarimu w’imibare muri texas yapfiriye mu bitaro ari gukosora amanota y’abanyeshuri

Next Story

Bamporiki Edouard yagize icyo atangaza ku bitaramo bya Bruce Melody na The Ben

Latest from Imikino

Mugisha Didier yasinyiye Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Mugisha Didier uherutse gutandukana na Police FC, aho yemeye kuyikinira amasezerano y’amezi atandatu. Aya makuru yashyizwe
Go toTop