advertising

Advertising

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukanye burundu na Afahmia Lotfi

3 months ago

Bidasubirwago, Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi yarahagaritswe. Tariki ya 13 Ukwakira 2025, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yahagaritse Afahmia Lotfi n’umwungiriza we wa kabiri, Azouz Lotfi, kubera umusaruro muke.

Perezida wa Rayon Sports Twagirayezu Thadee yemeje ko bamaze gutandukana na we. Ati: “Umutoza ntitukiri kumwe, turi kwandika ibaruwa isaba gusesa amasezerano n’umutoza Afahmia Lotfi dukurikije ibiri mu masezerano.”

Lotfi yageze muri Rayon Sports mu mpera za Gicurasi uyu mwaka ahabwa amasezerano y’umwaka umwe avuye muri Mukura VS yatoje imyaka itatu. Rayon Sports iri gutozwa na Haruna Ferouz wari umutoza wungirije wa Lotfi, iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 13 muri Shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wa karindwi.

Author

Ads

ad

Previous Story

Robert Francis [Léon XIV] yagaragaje filimi z’ibihe byose akunda

Next Story

Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’ubutegetsi ya 12 ya Smart Africa

Latest from Imikino

Mugisha Didier yasinyiye Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Mugisha Didier uherutse gutandukana na Police FC, aho yemeye kuyikinira amasezerano y’amezi atandatu. Aya makuru yashyizwe
Go toTop