Ingabire Marie Immaculée wari Umuyobozi wa Transparency International Rwanda yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa 09 Ukwakira 2025 azize uburwayi.
Mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo (X), Transparency International Rwanda banditse ati:”
Tubabajwe no kubamenyesha iby’urupfu rw’Umuyobozi Mukuru Ingabire Marie Immaculée watabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa 09 Ukwakira 2025 nyuma y’igihe arwaye”.
Bakomeje bihanganisha umuryango we ndetse n’inshuti ze.
Ati:”Transparent International Rwanda yihanganishije umuryango we n’inshuti ze. Aruhukire mu mahoro”.

