advertising

Advertising

“Uranyita bro turangana” ! Nyuma yo kwimukira mu Bwongereza umwana yise papa we umubyara ‘bro’ maze Papa we ararakara ashaka kumubiza mu cyaro cy’iwabo

5 months ago

Iterambere ni ryiza ariko rikomeje no kwica byinshi.

 

Iyi myaka bamwe bagezemo kubera kwibohora ku bana n’ikinyabupfura kiri kugenda gishira aho umwana ashobora gutinyuka agasuzugura se umubyara.

 

Ku mbugankoranyambaga hirya no hino inkuru iri kubica ni inkuru y’uyu muhungu wifashe akita se umubyara Bro (Umuvandimwe) nk’imwe mu mvugo zigaragaza urugano cyangwa uwo muvukana mbese mu kigero cyawe aho kubyita so ukubyara.

 

Uyu mu papa wo muri Nigeria ariko ubu wibera mu gihugu cya UK yarakajwe cyane n’uyu mwana w’umuhungu we wamwise bro, ubwo uyu muhungu yabyitaga uyu Musaza yarakaye cyane abaza uyu muhungu we niba yuzuye mu mutwe kandi asanzwe abizi ko umuhungu we ntakibazo afite.

 

 

Ubwo uyu mwana yitaga se Bro akarakara cyane, yabajije se umubyara impamvu yarakaye maze se n’umujinya mwinshi ati ” ndaza kugusubiza muri Nigeria, iki gihugu kimaze kukwangiza”.

 

Kuko ubu uyu Musaza we n’umuhungu we batuye mu Bwongereza.Amashusho yuyu mugabo n’umuhungu we yanyujije ku rukuta rwa TikTok, aho abantu Bose batangajwe n’ukuntu uyu muhungu yise umubyeyi we umubyara Bro, ijambo rikoreshwa cyane n’abana bo muri iyi myaka.

 

 

Abantu benshi bakomeje kunenga uyu musore bavuga ko nta kinyabupfura yeretse se umubyara.

Source: TUKO

Author

Ads

ad

Previous Story

Ni ibitangaza byayo ! Mu gihugu cy’Ubuhinde umwana yagarutse ibuzima nyuma yuko muganga yaramaze kuvuga ko yapfuye

Next Story

Dore ibintu 6 byica urukundo burundu hagati yabakundana

Latest from Uncategorized

Ikipe y’Amagaju yirukanye abatoza benshi

Ikipe ya Amagaju FC yafashe icyemezo gikomeye cyo gutandukana n’abatoza bose bayitozaga, nyuma y’igihe kinini bivugwa umusaruro nkene waranzwe n’imikino mibi. Iki cyemezo cyafashwe
Go toTop