advertising

Advertising

Umuhanzi Daimond Platinumz yasabye abasore gushaka amafaranga abibutsa ko urukundo rutakibaho

5 months ago

Umuhanzi Daimond Platinumz yasabye abasore gushaka amafaranga abibutsa ko urukundo rutakibaho

Umuhanzi Daimond wo muri Tanzania umaze kwigarurira imitima ya benshi muri Afurika y’Uburasirazuba , yasabye abasore gushaka amafaranga abibutsa ko urukundo rutakibaho.

Ibi yabivuze mu butumwa yanyujije kuri Konti ye ya Instagram aho yagize ati:

”Igihe uzaba ukize, inkumi zose zizifuza kugira amafaranga yawe atari urwo rukundo rwawe rw’ubugoryi.”Yerekana ko mu gihe cyose uzaba ntayo ufite bizahita birangira ati:

”Mukorere ibirenga miliyoni maze haboneke kimwe, udashoboye azahita akwereka ukuri kwa nyako kwe.”

Nyuma yo kwerekana ko inkumi yose iba ikora umubare ku mafaranga y’umusore, yasabye abasore gushaka amafaranga, mbese yerekana niba utayafite utagakwiye gutekereza iby’urukundo. Ati: ”Nshuti zanjye dushake amafaranga.”

Uyu muhanzi yatangaje ibi nyuma y’amasaha macye umugore babyaranye, Zari Hassan yerekanye ko ashyigikiye abagore baca inyuma abagabo babo mu gihe hari icyo bifuza batabasha kubona nk’inzu, imodoka n’ubundi buzima bw’inzozi zabo.

Umugore Zari yavuze ko abagabo bo babikora bagamije kwishimisha cyangwa kubera irari, nta n’icyo bari bwinjize, ibi akaba ari byo bimutera gushima abagore baca inyuma abagabo babo, bakurikiye imitungo.



Author

Ads

ad

Previous Story

“Ntabwo wabona umugabo udaca inyuma uwo bashakanye , uwo nta n’ubwo abaho kuri iyi si” – Belinda

Next Story

Menya impamvu atari byiza kurarana amasogisi nijoro

Latest from Uncategorized

Ikipe y’Amagaju yirukanye abatoza benshi

Ikipe ya Amagaju FC yafashe icyemezo gikomeye cyo gutandukana n’abatoza bose bayitozaga, nyuma y’igihe kinini bivugwa umusaruro nkene waranzwe n’imikino mibi. Iki cyemezo cyafashwe
Go toTop