Umugore yabyaye umwana mu mazina ye yongeramo na UCI

October 3, 2025
by

Nyuma y’aho mu Rwanda habereye isiganwa ry’amagare ku rwego rw’Isi, rigasigira Abanyarwanda ibyishimo, umwe mu bagore wibarutse tariki 27 Nzeri 2025, yahaye umwana we wavukiye i Kacyiru, izina rya Ange UCI Noella.

Nk’uko bigaragara ku cyangombwa cy’amavuko cy’uwo mwana w’umukobwa gikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye , bigaragara ko uwo mwana yavutse ubwo haburaga umunsi umwe ngo irushanwa ry’amagare ryabereye mu Rwanda rigere ku musozo.

Ni isiganwa ryashyize ibyishimo ku mutima w’Abanyarwanda dore ko ari ubwa mbere ryari ribereye muri Afurika by’umwihariko rikabera mu Rwanda mu Mujyi wa Kigali mu gihe cy’iminsi 8 bivuze ko ryamaze icyumweru.

Ange UCI Noella, yavutse tariki 27 Nzeri 2025, avukira mu Mujyi wa Kigali mu Karere  ka Gasabo, Kacyiru icyo cyangombwa cy’amavuko kigaragaza ayo mazina kikaba cyaratanzwe ku wa 02 Ukwakira 2025 nk’uko bigaragara.

Benshi bahamya ko ari ikimenyetso simusiga cyerekana urukundo igare ryasigiye Abanyarwanda dore ko gufata izina uha umwana bisaba kuba ari ikintu wizeye ko kizamugirira akamaro. Ange UCI Noella, yavuze ubwo iryo rushanwa ryari riri kuba mu bagore.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Uganda :Vipers SC yikuye muri Shampiyona nyuma yo gucyocyorana na FUFA

Next Story

DRC – Rwanda: Amerika yongeye gusubukura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro

Latest from Inkuru Nyamukuru

Umurwanyi wa FDLR yafatiwe muri Congo

Umurwanyi w’umutwe wa FDLR yafatiwe mu mirwano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , impuguke muri Politiki y’Akarere zikaba zikomeje gushimangira ko
Go toTop