advertising

Advertising

Ngoma: Ubuyobozi bwafunze ubuvumo bwiswe ngo ‘Gabanyifiriti’ abantu bajyagamo bagiye gusenga

5 months ago

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwafunze ubuvumo bwiswe Gabanyifiriti bwasengerwagamo bigatera impungenge ko bushobora kuzabaridukana.

 

Ubu buvumo bwamenyekanye cyane ubwo Radio na Tv 10 batambutsaga inkuru igaragaza uburyo abantu babujyamo bagiye gusengeramo.Ibi byatumye ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwiyemeza kubufunga dore ko imvugo yabaye ingiro.

 

 

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma Nathalie Niyonagira, yari yasabye aba baturage guhagarika amasengesho bakorera mu buvumo ngo kuko ahakorerwa amasengesho hazwi.

 

Yabwiye Radio na Tv 10 ati:” Abantu bagomba gusengera munsengero zubatse zizwi kandi zifite n’ibyangombwa byo gukora.Umuntu rero wo kujya mu mwobo kandi twarabibabujije kuva kera hashize igihe.Nibabyirinde kuko bishobora kubateza impanuka iyariyo yose”.

 

Radio na Tv 10, ivuga ko Umunyamakuru wayo yasubiyeyo agasanga imyobo yakoreshwaga n’abasenga yarafunzwe.

Author

Ads

ad

Previous Story

Bari inshuti zidasanzwe ! Umuhanzi Davido na nyakwigendera Jay Polly bagiranye ibihe bikomeye muri muzika kugeza batangiye umushinga wo gukorana indirimbo bise ‘I Beg’ Jay Polly agapfa itarasohoka

Next Story

Uwahoze ari umugabo wa Britney Spears babanye amezi 14 gusa yirukanwe muri Gym yakoreragamo Siporo azira guhoza kunkeke umugore w’abandi

Latest from Uncategorized

Ikipe y’Amagaju yirukanye abatoza benshi

Ikipe ya Amagaju FC yafashe icyemezo gikomeye cyo gutandukana n’abatoza bose bayitozaga, nyuma y’igihe kinini bivugwa umusaruro nkene waranzwe n’imikino mibi. Iki cyemezo cyafashwe
Go toTop