advertising

Advertising

Ndimbati Dorimbogo na Ndahiro Valens Papy bakoreye Amateka Mu gitaramo Ama G the Black yamurikiyemo Album yise IBISHINGWE

5 months ago

Taliki ya 1 ukwezi Nyakanga Buri mwaka u Rwanda rwizihiza umunsi rwaboneyeho Ubwigenge 1962.

Uyu ni nawo munsi umuhanzi wo munjyana ya Rap Hakizimana Aman Wamenyekanye nka Ama G the black yari amaze igihe ararikiye abantu ko azamurika umuzingo we (album) yise “Ibishingwe”. Nkuko nabikubwiye haruguru umunsi nyirizina Waje kugera, abakunzi aba Ama G The black biganje mo abakunzi ba Hip Hop.

Umugoroba wa Taliki 1 ukwezi kwa 7 kuwa 6 nibwo umunsi wageze maze ibyamamare byari byaserutse mu myambaro idasanzwe yiganje iya Rap.

Mubari bitabiriye iri murikwa rya Album ya Ama G the Black barimo Ndimbati na Dorimbogo Vava. Dorimbo mu nkweto zigezweho zibera abakobwa yageze k’urubyiniro rwari ruriho Anitha Pendo maze ibintu birahinduka.

Mu gihe hari habanje Ndimbati na Ndahiro Valens Papy bakabanza bakunamira Nyakwigendera Jay Polly biza gutangaza abantu ukuntu Ndimbati yafashe indirimbo Za Jay Polly Mumutwe.

Ibintu byaje Gukomera aho Eric Senderi yageraga k’urubyiniro maze ako kanya Anita pendo asaba Dorimbogo kuza agasuhuza abantu, maze nawe ahita atangira kubyina indirimbo z’amakipe nka Rayon Sport na APR Fc kuko Eric Senderi usanzwe ari umushyushya rugamba yageze ku ndirimbo z’amakipe maze abafana bayo ibyishimo birabasaga.

Ama G the Black wari utegerejwe na Benshi baje byatinze aba araje asuhuza abafana ngo abereke ko ahari maze arongera asubirayo ngo aze yiteguye neza.

Gusa dusoza kuri ino nkuru twavuga ko igitaramo kitatangiriye igihe kandi n’abantu bari bakijemo batari benshi nkuko byari byitezwe.

Umwanditsi: Shalomi Parrock

Author

Ads

ad

Previous Story

Dore ibimenyetso bizakwerekako umugore wawe akwanga

Next Story

Ese Niki gikomeje gutera gusenyuka kwingo ziki gihe ? Umugore yahaye gatanya umugabo bari bamaranye amezi 3 bakoze ubukwe

Latest from Uncategorized

Ikipe y’Amagaju yirukanye abatoza benshi

Ikipe ya Amagaju FC yafashe icyemezo gikomeye cyo gutandukana n’abatoza bose bayitozaga, nyuma y’igihe kinini bivugwa umusaruro nkene waranzwe n’imikino mibi. Iki cyemezo cyafashwe
Go toTop