advertising

Advertising

Abakinnyi ba APR FC bahawe umukoro

4 months ago

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yasabye abakinnyi gukuba kabiri imbaraga bakoresheje i Kigali, ubwo bazaba bakiriwe na Pyramids FC mu mukino wo kwishyura uzabera i Cairo ku Cyumweru.

Yabigarutseho ku mugoroba wo ku wa Kane, i Shyorongi, ubwo yaganirizaga abakinnyi abasanze aho APR FC isanzwe iba.

Mu butumwa yabahaye, Brig Gen Deo Rusanganwa yabashimiye ku mbaraga bakoresheje mu mukino wabereye i Kigali ku wa Gatatu nubwo batsinzwe na Pyramids FC ibitego 2-0.

Ati “Icyizere kirahari, ndakibona mu maso yanyu. Mukwiye gukuba kabiri imbaraga mwatanze hano i Kigali kugira ngo mukore ibirushijeho.”

Yibukije abakinnyi ko kumvira amabwiriza y’abatoza ari ingenzi kuko ari bo babasha kureba aho intsinzi ishobora kuva, abashishikariza gukomeza gukurikiza inama z’abatoza kugira ngo bashyire igitutu ku ikipe bahanganye.

Ati “Iyo mukurikije inama z’umutoza, bituma ikipe duhanganye igira igitutu. Mwarabibonye ko abakinnyi mwabahangayikishije mu kibuga, na hariya birashoboka cyane.”

APR FC yahagurutse i Kigali mu rukerera rwo ku wa Gatanu, yerekeza i Cairo.

Author

Ads

ad

Previous Story

Amateka ya Diego Jota wahoze akinira Liverpool

Next Story

Umusore yimanitse mu mugozi nyuma yo gukinishwa n’umwarimu we wamubwiraga ko atazasoza Kaminuza !

Latest from Imikino

Mugisha Didier yasinyiye Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Mugisha Didier uherutse gutandukana na Police FC, aho yemeye kuyikinira amasezerano y’amezi atandatu. Aya makuru yashyizwe
Go toTop