Mu mukino wahuzaga APR FC na Musanze FC kuwa 6 taliki 14 Werurwe 2026, Amashanyarazi yongeye kugira ikibazo muri Kigali Pelé Stadium aho yazimye igihe kigera ku minota 20.
Mu gihe APR FC yiteguraga guhana ikosa ryari ryakorewe Memel Dao ku munota wa 27, Kigali Pelé Stadium yongeye kubura umuriro, amatara arazima buri wese agwa mu kantu hibazwa ibibaye.
Ni amatara yazimye mu gihe iki kibuga cyari cyarahagaritswe ku kwakira imikino ya nijoro, kuko yarimo itunganywa mu buryo bwose harimo gukosora ibibazo by’amashanyarazi, amarangi n’ibindi.
Iy Kigali Pelé Stadium kandi biteganyijwe ko izaberaho imikino ibiri yo mu Itsinda B ry’irushanwa rya gicuti ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ari yo FIFA Series 2026.
Tariki ya 26 Werurwe, Aruba izakina na Macau, saa Saba n’Igice, naho Tanzania ikine na Liechtenstein, saa Kumi n’Igice.
Iyi stade iberaho imikino myinshi Mujyi wa Kigali yaba iya Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro, yaherukaga gukinirwaho umukino wo mu masaha y’umugoroba ku wa 8 Gashyantare, ubwo Police FC yatsindwaga na AS Kigali igitego 1-0, ariko na bwo amashanyarazi akagira ibibazo.
