advertising

Advertising

Basketball: UTAB yatsinze INES Ruhengeri na UR Busogo isoza imikino yayo iyoboye itsinda

by March 8, 2026
6 hours ago

Ikipe ya basketball ihagarariye Kaminuza ya UTAB(university of technology and arts of byumba) yabashije gusoza ari iya mbere mu itsinda D mu irushanwa rya Rwanda varsity league nyuma yo gutsinda INES ruhengeri ndetse na UR Busogo.

Ni imikino yabaye ku cyumweru taliki 8 werurwe 2026 ibera ku kibuga cya basketball cya kaminuza ya UTAB. Iyi mikino yari iteganyijwe gutangira ku isaha ya saa yine za mugitondo. UTAB na INES ruhengeri nizo zabanje mu kibuga, dore ko wari umukino wo kwishyura kuko ubanza wari wabereye ku kibuga cya UR Busogo ndetse nawo UTAB yari yawutsinze. Agace  ka mbere katangiye amakipe yose afite ishyaka ryo gutsinda gusa  INES Ruhengeri niyo byarangiye  igatsinze ku manota 24 kuri 23 ya UTAB.

Mu gace ka kabiri,  abakinnyi ba UTAB bumvise neza inama z’abatoza maze ishyaka ryabo rituma babasha gutsinda agace ka kabiri ku manota 41  kuri 37 ya INES Ruhengeri. Ni nako byagenze mu gace ka gatatu kuko nako UTAB yagatsinze irusha cyane INES Ruhengeri amanota 64 kuri 50. mu gace ka kane ari nako kanyuma, nubundi abasore ba Kaminuza ya UTAB ntibigeze bakora ikosa kuko nako bagatsinze amanota 85 kuri 71.

Nyuma y’uyu mukino, UTAB yaje gukomeza ikina na UR Busogo nayo iyitsinda ku manota 75 kuri 74. ibi byanatumye UTAB ikomeza kuyobora itsinda rya kane aho yo yasoje imikino yo mumatsinda itsinze imikino yayo yose. Muri iri tsinda ikurikirwa na INES Ruhengeri, UR Busogo ikaba iya gatatu, RP Tumba ni iya kane naho UTB Rubavu niyo iheruka muri iri tsinda.

Umwe mu bakinnyi ba UTAB twaganirije, IGIRANEZA Bruce, yatubwiye ko “gusoza imikino yo mumatsinda turi aba mbere, nizo zari intego zacu kuva iyi mikino yagatangira. Intego ntizahagaze rero kuko turifuza kugera kure hashoboka muri iyi mikino. Tuzatanga ibyo dufite byose kugira ngo kaminuza yacu tuyiheshe ishema uko bikwiye.”

Rwanda Varsity League ni irushanwa risanzwe rihuza abanyeshuri bo muri za kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda. Muri iri rushanwa, abanyeshuri bahagararira amashuri yabo bagahatana mu mikino itandukanye, bigamije guteza imbere siporo mu mashuri makuru no guteza imbere impano z’urubyiruko ruri mu mashuri makuru.

Iri rushanwa rituma abanyeshuri bagira amahirwe yo kugaragaza impano zabo mu mikino itandukanye. Abakinnyi baryitabira baba ari abanyeshuri biga muri za kaminuza, kandi baba bagize amakipe y’ayo mashuri yabo. Mu mikino ikunze gukinwa muri Rwanda Varsity League harimo umupira w’amaguru, basketball na volleyball.

Author

Ads

ad

Previous Story

Netanyahu yiyemeje gukomeza intambara kuri Iran ku kiguzi cyose bizasaba

Next Story

Perezida Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabahariwe, ashimangira uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda

Latest from Imikino

Go toTop