Kenny Sol uri mu bamaze igihe bahagaze neza mu muziki w’u Rwanda, yateguje ‘album’ ye ya mbere ateganya gusohora muri Kanama 2026, icyakora mbere yayo akaba ari gusohora indirimbo zo gususurutsa abakunzi be.
Nkuko tubikesha ikinyamakuru IGIHE, ngo nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘My Gheez’ yakoranye na Bull Dogg, yagaragaje ko ari yo ya nyuma ashyize hanze mbere y’uko atangira gusohora izigize album ye nshya.
Ati “Album ndi kureba ko yajya hanze muri Kanama 2026, icyakora nari maze iminsi nsohora indirimbo zitayiriho. Gusa iya nyuma ni ‘My Gheez’ kuko nyuma yayo nzatangira gusohora iziri kuri ‘album’ aho nteganya gusohoraho ebyiri mbere y’uko ijya hanze.”
Mu 2023 ni bwo Kenny Sol yasohoye ‘EP’ ye ya mbere yari yise ‘Stronger Than Before’ yari igizwe n’indirimbo zirindwi zirimo Joli Remix, Stronger Than Before na Addicted zose zari zisanzwe zarasohotse.
Yari iriho kandi Enough, Falling In Love, One More Time yakoranye na Harmonize na Call yakoranye na Fik Fameica.
Ni album ya mbere Kenny Sol azaba asohora nyuma y’imyaka irindwi amaze mu muziki akora ku giti cye, cyane ko yatangiye mu 2019 nyuma yo gutandukana na bagenzi be baririmbanaga muri Yemba Voice ndetse bari baraniganye mu ishuri ry’u Rwanda ry’umuziki.
Uyu muhanzi yanemejwe nk’umwe mu bazaririmba mu bitaramo bizenguruka u Rwanda bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ aho azaba ari kumwe n’abarimo Kevin Kade na Bushali n’abandi bane bataramenyekana
Ibi bitaramo bizatangira ku wa 20 Kamena 2026 bikarangira ku wa 1 Kanama 2026, bizaca mu Mijyi nka Huye, Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu.