Advertising

Umugore ufite nyababyeyi ebyiri yabyaye impanga, buri mwana akurira muri nyababyeyi ye

04/10/2024 15:17

Umugore wo mu Bushinwa waremanywe umwihariko udasanzwe wo kugira nyababyeyi ebyiri, yabyaye abana b’impanga mu buryo budasanzwe aho buri mwana yakuriye muri nyababyeyi ye yihariye. Ibi byabaye mu kwezi kwa Nzeri 2024 mu Bitaro byo mu Majyaruguru y’u Bushinwa, nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima ndetse n’ibitangazamakuru bya Leta byo muri icyo gihugu.

Uwo mubyeyi witwa Li, yabyaye umuhungu n’umukobwa, abyarira mu bitaro bya Xi’an biherereye mu Ntara ya Shaanxi. Ubuyobozi bw’inzego z’ubuzima bwavuze ko iki gikorwa ari kimwe mu bikorwa bidasanzwe bibaho ku rugero ruri munsi ya kimwe mu bantu miliyoni. Ubwo butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa Weibo, rwakoreshejwe n’ibitaro byamubyaje, bugaragaza uburyo byari igitangaza kuba abana b’impanga bararemewe muri nyababyeyi zitandukanye.

Mu butumwa bwatanzwe n’ibyo Bitaro, bagize bati, “Ni ibintu bidasanzwe cyane kuba abana b’impanga barakomeje gukurira muri nyababyeyi zitandukanye kugeza bavutse.” Ibi byateye abantu benshi gukomeza gutangarira uko ubwo uwo mwihariko wo kugira nyababyeyi ebyiri, bushobora kubaho ku mugore umwe mu bagore 2000 gusa.

Iyi nkuru yakurikiranye n’ibitekerezo bitandukanye ku rubuga rwa Weibo, aho abantu barenga miliyoni bayirebye. Bamwe bagaragaje uburyo iki gikorwa gitangaje, abandi nabo bagaragaza ibyishimo by’uko yabyaye neza. Umwe mu banditse yagize ati, “Icyo ni igitangaza pe”. Undi ati, “Afite amahirwe atagira uko angana.”

N’ubwo abaganga bavuze ko kugira nyababyeyi ebyiri bishobora gutera ingorane ku buzima bw’umubyeyi, by’umwihariko mu gihe cyo kubyara, bigaragara ko Li yabyaye neza kuko yabyaye abana b’impanga badafite ikibazo na kimwe gusa ngo uyu mubyeyi yabanje kuvamo inda  muri Mutarama 2024, ariko yongeye gusama yarakurikiranywe bya hafi kugeza abyaye umuhungu ufite ibiro 3 n’umukobwa ufite ibiro 2.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Chorale le Bon Berger Kigali yateguje abakunzi bayo igitaramo yise Dilano Classic Concert

Next Story

Ibyiza by’amaribori ku bakobwa

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop