advertising

Advertising

ACP Rutikanga yagaragaje ko abagaragaye mu rugomo I Musanze batawe muri yombi

5 hours ago

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umukobwa mu Mujyi wa Musanze. Aya mashusho yakomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga guhera ejo ku Cyumweru.

Umuvugizi wa Polisi, Boniface Rutikanga, kuri uyu munsi yashyize umucyo kuri iyi video, abinyujije ku rubuga X, asobanura ko aba basore bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe iperereza rikomeje.

Mu magambo ye, ubwo yasubizaga umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna, yanditse ati: “Muraho! Abagaragaye muri aya mashusho bafashwe, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza. Turashimira abagize uruhare mu gutanga amakuru. Murakoze.”

Imyitwarire y’aba basore babiri yakomeje kunengwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga. Abenshi bagaragaje ko bidakwiye gukorera igitsinagore ibikorwa bya kinyamaswa mu buryo byakozwemo, kabone n’iyo haba hari ibyo mutumvikanye.

Hamaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga hagaragara abantu benshi bahohoterwa, haba abagabo cyangwa abagore, gusa Polisi igahita igaragaza ko abagaragaye muri ibi bikorwa bigayitse bafatwa bakabazwa ibyo bakoze. Ibi bishimangira akamaro k’imbuga nkoranyambaga mu gushakira umuti ibibazo biba muri sosiyete nyarwanda.

Author

Ads

ad

Previous Story

Umugore wa Rick Ross yamujyanye mu nkiko asaba indezo

Next Story

Mutesi scovia yagize icyo avuga ku mashusho yasakaye ari kubyina indirimbo “Aragitosa” ya G TAFF

Latest from Inkuru Nyamukuru

Go toTop