advertising

Advertising

Isi ihugiye ku ntambara ya Israel-Amerika na Iran ariko Afghanistan nayo iri guhondana imitwe na Pakistan

by March 1, 2026
10 hours ago

Igihugu cya Afghanistan cyatangaje ko cyarashe ku ndege za gisirikare za Pakistan zari ziri hejuru y’umurwa mukuru Kabul, nyuma y’uko iturika n’amasasu byumvikanye mu mujyi kuri iki Cyumweru mu gitondo, bikongera umutekano muke mu karere kamaze iminsi kazahajwe n’ibitero bya Amerika na Israel kuri Iran ndetse na Iran igakora ibyo kwihorera.

Ubuyobozi bw’aba Taliban buyoboye afghanistan bwavuze ko mu cyumweru gishize Pakistan yagabye ibitero ku nyubako za Leta ya Afghanistan, ishinja Kabul gucumbikira abarwanyi bazengereje pakistan, ni ibirego Afghanistan yahakanye yivuye inyuma.

Iyi mirwano ikomeye, ifatwa nk’aho ariyo ikomeye mu myaka myinshi ishize hagati y’ibihugu byombi, yazamuye impungenge z’uko hashobora kubaho intambara irambye ku mupaka w’ibilometero 2,600 bahuriyeho. Ibihugu birimo Qatar na Saudi Arabia byahamagariye impande zombi kwifata no gushakira umuti mu biganiro by’amahoro.

Nkuko tubikesha ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters, byavuze ko abatangabuhamya babyo  bavuze ko ibiturika byumvikanye mu bice bya Kabul mbere y’uko bucya, bikurikirwa n’urusaku rw’amasasu. Ngo biranashoboka ko hari ababa babisizemo amagara ariko ko umubare utaramenyekana.

Umuvugizi w’ubutegetsi bw’aba Taliban, Zabihullah Mujahid, yavuze ko urwo rusaku rwatewe n’ibikorwa byo kurinda ikirere byagabwe ku ndege za Pakistan.
Yagize ati:“Ibitero byo mu kirere byagabwe muri Kabul byari bigamije indege za Pakistan. Abaturage ba Kabul ntibakwiye kugira impungenge.”

Ku ruhande rwa Pakistan, ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Minisiteri y’Itangazamakuru n’ingabo ntibaragira icyo batangaza kuri ibi bikorwa.

Iyi mirwano ikurikiye ibitero byo mu kirere Pakistan yagabye muri Afghanistan muri iki cyumweru, ivuga ko byibasiye ibikorwa by’abarwanyi. Afghanistan yo yabifashe nk’ukurenga ku bwigenge bw’igihugu, itangaza ko yatangiye ibikorwa byo kwihorera ku mupaka.

Hagati aho, Iran, ihuje imipaka na Afghanistan na Pakistan, yari yatanze igitekerezo cyo guhuza impande zombi mu biganiro, mbere y’uko na yo igabwaho ibitero ku wa Gatandatu na Israel ndetse na Amerika.

Author

Ads

ad

Previous Story

Shakib Lutaaya yahakanye gutandukana na Zari Hassan

Next Story

Nigeria : Umugabo yanyoye inzoga hafi gupfa nyuma yo kubengwa n’uwari umukunzi we

Latest from Hanze

Go toTop