advertising

Advertising

Umuhungu wa Robert Mugabe yafatiwe muri Afurika y’epfo

by February 19, 2026
1 day ago

Umuhungu w’uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe  Robert Mugabe, yafashwe hamwe n’undi mugabo kuri uyu wa Kane mu gitondo muri Afurika y’Epfo, nyuma yo gushinjwa kurasa umuntu yibereye mu rugo  i Johannesburg, nk’uko byatangajwe na SABC, itangazamakuru rya leta ya Afurika y’Epfo.

SABC yatangaje ko Bellarmine Chatunga Mugabe, umuhungu muto wa Mugabe n’umugore we wa kabiri, Grace Mugabe, ari umwe mu bafashwe. Yagaragaye yatawe muri yombi na polisi yo muri Afurika Y’epfo.

Polisi ya Afurika y’Epfo yavuze ko umukozi w’urugo mu gace k’icyubahiro ka Johannesburg yarashwe, ubu akaba ari arembye cyane. Nubwo batigeze batangaza amazina y’abantu bafashwe, bavuze ko bakomeza iperereza ku byaha byo kugerageza kwica.

Col. Dimakatso Nevhuhulwi, umuvugizi wa polisi, yavuze ati:“Impamvu nyayo y’iyi mirasire ntiramenyekana kandi iperereza rirakomeje.”

Robert Mugabe yayoboye Zimbabwe imyaka 37 mbere y’uko akurwa ku butegetsi muri 2017, apfa muri 2019 muri Singapore afite imyaka 95.

Author

Ads

ad

Previous Story

Cristiano Ronaldo yashoye miliyoni $7.5 mu kigo cya Herbalife

Next Story

Uwabaye umujyanama wa Bruce Melody yatawe muri yombi

Latest from Hanze

Go toTop