Eritrea yamaganye byimazeyo ibirego bya Ethiopia biyishinja ko hari ingabo zayo ziri ku butaka bwa Ethiopia, ivuga ko ibyo birego ari ibinyoma byahimbwe kandi bigamije gukongeza umwuka mubi umaze igihe uri hagati y’ibi bihugu byombi byo mu ihembe rya Afurika.
Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Itangazamakuru wa Eritrea, Yemane Gebremeskel, yavuze ko amagambo Ethiopia ikomeje gutangaza kuri Eritrea atangaje mu mvugo no mu ntego ziyihishe inyuma, ashimangira ko atagamije amahoro ahubwo ari ubushotoranyi. Yagize ati: “Ibirego bishinjwa Eritrea bigaragara neza ko ari ibinyoma byahimbwe. Biratangaje mu buryo byatanzwe, mu mpamvu zibishamikiyeho no mu ntego rusange bigamije.”
Uyu muyobozi yongeyeho ko Eritrea idafite inyota cyangwa ubushake bwo kwinjira mu mpaka zidafite umumaro, avuga ko gukomeza amagambo ashaririye byarushaho gukongeza no gukaza umwuka mubi uriho hagati y’ibihugu byombi.
Ibi birego byongeye kugaruka mu gihe Ethiopia yari yasabye Eritrea, ku wa Gatandatu ushize, gukuramo ingabo zayo ku butaka bwa Ethiopia, inashinja Eritrea gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ingabo za leta, cyane cyane mu karere ka Amhara. Icyo gihe Addis Ababa yavuze ko ibyo atari ubushotoranyi gusa, ahubwo ari ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bweruye.
Ku rundi ruhande, Eritrea yahakanye yivuye inyuma ibyo birego byose, ishimangira ko idashyigikira umutwe uwo ari wo wose urwanya Ethiopia, kandi ko ikomeje gushyigikira ituze n’umutekano mu karere.
Umubano hagati ya Eritrea na Ethiopia umaze imyaka myinshi utifashe neza, kuva Eritrea yabona ubwigenge mu 1993 nyuma y’imyaka myinshi y’intambara yayirwanije na Ethiopia. Mu myaka yakurikiyeho, ibi bihugu byombi byongeye kurwana intambara y’imipaka hagati ya 1998 na 2000, yahitanye abantu ibihumbi byinshi.
Nubwo Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yagerageje kunoza umubano na Eritrea ageze ku butegetsi, bikamuhesha n’Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel muri 2019, umubano wongeye kuzamo agatotsi nyuma y’intambara yo mu karere ka Tigray hagati ya 2020 na 2022.
Nubwo guverinoma zombi zakoranye mu kurwanya inyeshyamba zo muri Tigray, zaje kutumvikana ku masezerano y’amahoro yasinyiwe i Pretoria muri Afurika y’Epfo, icyo gihe aya masezerano yasabaga ko ingabo z’amahanga kuva mu gace ka Tigray. Gusa ahanini izavugwaga, zari ingabo za Eritrea nubwo yo itariri muri ayo masezerano.
Intambara yo mu Tigray yahitanye nibura abantu basaga ibihumbi magana atandatu (600,000), nk’uko byatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Gusa n’ubundi hhagati y’ibi Bihugu, umwuka mubi uracyari mwinshi. Eritrea ishinja Ethiopia idafite inyanja kwifuza icyambu cya Assab, mu gihe Addis Ababa yavuze kenshi ko ikeneye inzira igana ku nyanja mu buryo bw’amahoro.

