Uvira : FARDC yabeshyuje ibyavugwaga ko yatinye M23

October 22, 2025

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Repubulika ya Demokasi ya Congo(FARDC) bwatangaje ko amakuru yakwirakwiye avuga ko hari kwimurwa intwaro z’igisirikare ziri Uvira ari ibinyoma  mu gihe M23 ishobora gutangira ibikorwa byo kwigarurira Uvira.

Ayo amakuru  FARDC yemeza ko ari ibihuhu yavugaga ko igisirikare cya Congo kiri kwimura intwaro cyizivana muri uyu mugi wa Uvira uherereye muri Kivu y’Epfo kizijyana i Bujumbura mu gihugu cy’Uburundi.

Mu minsi ishize nibwo hakomeje gukwirakwira amakuru  yavugaga ko FARDC yatangiye guhungisha izi ntwaro nyuma yo kumenya ko  M23 ishobora kwigarurira umujyi wa Uvira imaze igihe igose hakaba hari umpungnge y’uko zajya mu maboko y’uyu mutwe.

FARDC ibinyujije muri lieutenant Mbuyi Kalonji Reagan uvugira ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bizwi nka Opération Sukola 2 Sud Sud-Kivu, yavuze ko nta gikuba cyigeze gicika mu ngabo za RDC, yaba mu ziri muri Teritwari ya Uvira, Fizi na Mwenga.

Mu itangazo yasohoye yavuze ko “FARDC, ingabo zayo n’ibikoresho byazo ntabwo byigeze biva na santimetero n’imwe muri za Teritwari za Uvira, Fizi, Mwenga no mu nkengero zaho. Imgabo z’inkoramutima ziracyafite ukwiyemeza, kandi ziri mu cyiciro gikomeye cyo guhangana n’iri tegeko mu gihe habaho ukwica agahenge.”

Ibi bitangajwe mu gihe tariki   30 Ukwakira 2025, hateganyijwe  inama izabera   mu murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, izaba igamije gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokasi ya  Congo ndetse n’akarere kose k’Ibiyaga Bigari .

Ivomo : Yabiso News na Radio Okapi .

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

Taylor Swift ari gutezwa ingaru nyuma yo gushishura indirimbo

Next Story

CAF yatanagaje abahataniye ibihembo by’abakinnyi bitwaye neza uyu mwaka

Latest from Hanze

Umurwanyi wa FDLR yafatiwe muri Congo

Umurwanyi w’umutwe wa FDLR yafatiwe mu mirwano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , impuguke muri Politiki y’Akarere zikaba zikomeje gushimangira ko
Go toTop