Dore impamvu abasore aribo batereta kurusha abakobwa

October 3, 2025
1 min read

Ubyemere cyangwa ubyange ariko imibare igaragaza ko abasore aribo bakunda gutereta cyane kurenza abakobwa.Nubwo hari abakobwa bishakira abo bazabana ariko ngo mu mico itandukanye biracyari kugipimo cyo hasi.

Umuhanga mu rukundo witwa John Gray yaragize ati:” Abagabo nibo bambere babasha kwegera abagore ninayo mpamvu no mu busore abasore bakunda cyane abakobwa.Ibi nanone bituruka ku mico yabo bitewe n’aho bavukiye cyangwa bakuriye.

ESE NI IZIHE MPAMVU TWAVUGA ZITUMA ABASORE BATERETA KURENZA ABAKOBWA ?

1.Ntabwo bagira isoni cyangwa intege nke.

Muri Kamere y’abasore barangwa n’imbaraga n’umuhate ndetse nta soni baterwa n’ibyo bahisemo niyo mpamvu barusha abakobwa gutinyuka.

2. Bita kumirimo yabo

Burya ntabwo umusore azata akazi ke ngo yirirwe ari koza amasahani cyangwa indi mirimo.Ibi bituma umusore ashaka umukobwa uzajya amwitaho.

3.Ntibaterwa isoni nabyo.

Nk’uko twabigarutseho haraguru burya umukobwa yaterwa isoni no kwegera umusore akamubwira ko amukunda ariko nta musore waterwa zo no kubwira umukobwa ko amukunda kuburyo n’uwo bibayeho bifatwa nk’igisebo.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

Previous Story

“Mfite Tattoo 800 kumubiri wanjye ariko bituma abantu banyanga bakambuza no kujya mu birori bya Noheli” ! Umugore wishyize ho Tattoo yatangaje ko ababazwa n’abatamwumva

Next Story

Umuntu ushyira amafoto y’ubwambure bwe kukarubanda ashobora kujya afungwa imyaka 3 n‘ihazabu y’amafaranga ibihumbi 300RWF ariko itarenze ibihumbi 500 RWF

Latest from Uncategorized

Go toTop