Habonetse undi mukobwa uvuga ko Diamond Platnumz yamusabye ko bazabyarana ndetse bagakora ubukwe

26/11/2023 11:55

Umukobwa witwa Prity Vishy wahoze akundana na Simple Boy, yatangaje ko Diamond Platnumz yamusabye ko bazabana ndetse bagakora ubukwe.Uyu mukobwa yahawe urwamenyo nyuma yo kuvuga aya magambo menshi basobanura ko yishuka.

https://www.youtube.com/watch?v=7AlFpuS-2Cc

Ntabwo byigeze bivugwa na mbere ko Diamond Platnumz yemeye urukundo afitiye uyu mukobwa, gusa yaje kugaragaza icyizere yigirera ubwo yavugaga ko Simba, yamusezeranyije urukundo akamubwira ko bagomba kuzakora ubukwe bombi.

Vishy avuga ko Simba, yamweretse urukundo ndetse ngo akanamubwira ashaka ko azamubyarira umwana bakanabana bombi.

Nubwo uyu mukobwa avuga ibi , kuba Diamond ntacyo yigeze abigaragaza ho , bituma amagambo ye ngo afatwa nk’ibinyoma.Benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kunenga uko uyu mukobwa yitwara ndetse n’amagambo atangaza umunsi ku munsi.

Ubusanzwe uyu mukobwa ni umukinnyi wa Filime wiyita ngo ‘Queen Of Confidence’.

Previous Story

Diamond Platnumz ari gushyirwa ku gitutu cyo kurongora Zuchu ku gahato ubanza baramumushyingiye atabizi

Next Story

Umuhanzi D Voice winjiye muri WCB washyize hanze amashusho y’indirimbo BamBam yafatanyije na Zuchu – VIDEO

Latest from Imyidagaduro

Zari Hassan yasabye imbabazi umugabo we

Zarinah Hassan yaciye bugufi asaba imbabazi Shakib Cham umugabo we.Ibi bibaye nyuma yaho yari akomeje kumushinja kudashyira umutima hamwe byuzuye gufuhira Diamond Platnumz akarenzaho

Niyonzima Haruna yatandukanye na Rayon Sports

Rutahizamu ukomeye wakiniye Amavubi imikino myinshi Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports  nyuma y’Igihe avuga ko yananiwe kubahiriza amasezerano bagiranye. Haruna Niyonzima wari umaze

Banner

Go toTop