advertising

Advertising

Kaboyi yagarutse mu mupira w’amaguru w’abagore

October 10, 2025
1 min read

Mukandayisenga Jeannine usanzwe Rutahizamu muri Yanga Princess yagarutse mu kibuga atsinda n’igitego. Jeannine, agaragara nk’umugabo mu buryo bwose.

Mukandayisenga Jeannine ku rutonde rw’ababanjije mu kibuga.

Mukandayisenga Jeannine uzwi mu mupira w’amaguru nka Kaboyi usanzwe akinira ikipe ya Yanga Princess yo muri Tanzania yari yasabiwe kuvanwa muri ruhago y’Abagore muri icyo Gihugu gusa yongeye kugaragara mu kibuga ari nako atanga gasopo atsinda igitego.

Ibyo kumusabira kuvanwa mu kibuga byatangiye kumvikana mu minsi ishize aho amakipe y’Abagore muri Tanzania yatanze ubusabe mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri iki Gihugu (TFF) ko Mukandayisenga Jeannine a.k.a Kaboyi yahagarikwa ubundi hakabanza hakarebwa niba atari umugabo.

Ibi ariko TFF yabiteye utwatsi ivuga ko idafite gahunda yo gupima imisemburo y’abakinnyi bakina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore muri uyu mwaka w’imikino, ahubwo ko izabikora mu mwaka utaha w’imikino.

Nyuma y’ibi byagiye bivugwa kandi Kaboyi yagiye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye , na we agaragaza ko ibirimo kumuvugwaho ari amagambo gusa y’abashakaga ko adakomeza gukina umupira w’amaguru mu bagore ndetse ko ngo atari ubwa mbere bibaye.

Nyuma y’ibyo ku munsi wo ku wa Kane Mukandayisenga Jeannine uzwi nka Kaboyi yagaragaye mu mukino wa 1/2 cya Souper Coupe [Ngao ya Jamii] mu bagore bakinnyemo na JKT Queens.

Muri wo mukino uyu mukinnyi yahise anatanga gasopo dore ko ari we watsinze igitego cya Yanga Princess n’ubwo basezerewe kuri penariti 6 kuri 5 nyuma yo kunganya 1-1.

Ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza.

Ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza.

 

Author

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Ads

ad

Previous Story

Umukobwa w’imyaka 12 yahoraga asambanywa na musaza we; ahungira kwa mukuru we atangira kumuboha

Next Story

Ngaba abagabo 11 baba beza cyane iyo bamaze kurushinga

Latest from Imikino

Kwizera Olivier yasinyiye Rayon Sports

Umunyezamu w’Umunyarwanda, Kwizera Olivier yasinyiye ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka itatu ayivuyemo. Rayon Sports yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Go toTop